fear

“Mwa mukumbi muto mwe, ntimutinye kuko So yishimira kubaha ubwami.

Lk 12 : 32

Marayika arababwira ati “Mwitinya, dore ndababwira ubutumwa bwiza bw'umunezero mwinshi uzaba ku bantu bose,

Lk 2 : 10

Marayika aramubwira ati “Witinya Mariya, kuko uhiriwe ku Mana.

Lk 1 : 30

Ahubwo ndabereka uwo mukwiriye gutinya: mutinye umara kwica umuntu agashobora kumujugunya muri Gehinomu. Ni koko, ndababwira abe ari we mutinya.’

Lk 12 : 5

Imbabazi ze ziri ku bamwubaha,Uko ibihe bihaye ibindi.

Lk 1 : 50

Bose baterwa n'ubwoba bahimbaza Imana bati “Umuhanuzi ukomeye abonetse muri twe”, kandi bati “Imana igendereye ubwoko bwayo.”

Lk 7 : 16

Ndetse n'umusatsi wo ku mitwe yanyu wose warabazwe. Ntimutinye rero, kuko muruta ibishwi byinshi.

Lk 12 : 7

Ariko uwa kabiri amusubiza amucyaha ati “No kūbaha Imana ntuyubaha, uri mu rubanza rumwe n'urwe?

Lk 23 : 40

Arababaza ati “Kwizera kwanyu kuri he?”Na bo baratinya, barumirwa baravugana bati “Mbega uyu ni muntu ki, utegeka umuyaga n'amazi bikamwumvira?”

Lk 8 : 25

Bose barumirwa bahimbaza Imana, baterwa n'ubwoba bati “Uyu munsi wa none tubonye ibidutangaza.”

Lk 5 : 26