mother

Rusi aramusubiza ati “Winyinginga kugusiga, no gusubirayo ngo ne kugukurikira, kuko aho uzajya ari ho nzajya, kandi aho uzarara ari ho nzarara. Ubwoko bwawe ni bwo buzaba ubwoko bwanjye, Imana yawe ni yo izaba Imana yanjye,

Ruti 1 : 16

Uyu mwana ni we nasabye kandi Uwiteka yampaye icyo namusabye.

1 Sam 1 : 27

Nuko umugore nyina w'umwana muzima wari umufitiye imbabazi, abwira umwami ati “Nyagasani, umuzima mumwihere wimwica, nubwo bimeze bite.” Ariko undi aravuga ati “Ahubwo bamucemo kabiri, mubure nawe umubure.”

1 Bami 3 : 26

Uwari ingumba mu nzu ye,Amuha kuyibamo yishimye,Ari nyina w'abahungu.Haleluya.

Zab 113 : 9

Dore abana ni umwandu uturuka ku Uwiteka,Imbuto z'inda ni zo ngororano atanga.

Zab 127 : 3

Mwa bategereza Uwiteka mwese mwe,Nimukomere, imitima yanyu ihumure.

Zab 31 : 25

Mu gitondo unyumvishe imbabazi zawe,Kuko ari wowe niringira.Umenyeshe inzira nkwiriye kunyuramo,Kuko ari wowe ncururira umutima.

Zab 143 : 8

Hariho uruzi,Imigende yarwo ishimisha ururembo rw'Imana,Ni rwo Hera hari amahema y'Isumbabyose.

Zab 46 : 5

Zaburi ya Dawidi.Uwiteka ni we mwungeri wanjye sinzakena,

Zab 23 : 1

Uwiteka ni we mbaraga zanjye n'ingabo inkingira,Umutima wanjye ujya umwiringira ngatabarwa.Ni cyo gituma umutima wanjye wishima cyane,Kandi nzamushimisha indirimbo yanjye.

Zab 28 : 7